Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Ngororore JADF Isangano baratangaza ko biyemej kurandura igwingira mu bana, barushaho kwigisha abaturage kuko ibyo kurya byo bihari.

Padiri Rutakisha Jean Paul umuyobozi wa JADF Isangano mu Karere ka Ngororero

Ibyo kurandura igwingira ry’abana mu karere ka Ngororero  abafatanya bikorwa b’aka karere  bakaba babitangarije mu gikorwa cy’imirukabikorwa ryari rimaze iminsi itatu, rikaba  ryashojwe kuri uyu wakane tariki ya 9  Gicurasi 2024, aho Umuyobozi w’iri huriro ry’aba bafatanyabikorwa JADF Isangano mu Karere ka Ngororero Padiri Rutakisha Jean Paul akaba ashimangira ko hari ikiri gukorwa mu kurandura igwingira mu bana.

Umuyobobo w’Akarere ka Ngororero Nkusi Christophe

Ibyo padiri avuga bikaba binashimangirwa n’Umuyobobo w’Akarere ka Ngororero Nkusi Christophe ugaragaza ko kubera ubufatanye, Akarere ka Ngororero kamanutse mu mibare y’abana bafite ikibazo cy’imirere mibi kava kuri 50.5%, umwaka wakurikiyeho kagera kuri 47%, naho umwaka wa 2023, kari gasigaranye abana 27% bafite imirire mibi, ni ukuvuga ko muri rusange kagabanyije igwingira hejuru ya 12% mu myaka ibiri ishize.

Inkuru mushobora kuyumva hano

Aimable UHWIZEYIMANA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *