Bamawe mubafite ubumuga bo mu murenge  wa Gatumba mu karere ka Ngororero  , bavuga  ko  kubera  amikoro  make,  babura uko bajya  kwivuza  kuko bisaba amafaranga menshi, bakaba basaba  ubuyobozi  kubafasha  kwivuza.

Nyirabagirashebuja  Daforoza  ni umukecuru w’imyaka  ufite ubumuga bw’ingingo uri mu kigero cy’imyaka 81, utuye mu mudugudu wa Gahinga mu kagari ka Karambo mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero.

Uyu mukecuru usanzwe  yibana mu rugo rwe wenyine dore ko yaba abana be ndetse n’umugabo we bose bitabye Imana akaba yarasigaranye umukobwa umwe nawe washatse umugabo, avuga ko  ubu abayeho mu buzima  butamworoheye burimo no kubura uko ajya kwa muganga biturutse ku kubura ubushobozi.

Daforoza ati: “Muri make kuba nibana kandi mfite ubumuga bw’ingingo, biri gutuma ntabasha kujya gushaka ubushobozi bwo kwitangira ubwisungane mu kwivuza, ku uburyo kuri ubu mbura uko njya kwa muganga kubera kubura ubushobozi”.

Daforoza akomeza asaba ubuyobozi bw’akarere kabo ku mufasha kubona uko yajya kwa muganga.

Aragira ata: “Jyewe ubuyobozi bumfashije nkabona uko njya kwivuza, bwaba bukoze neza kuko kubwanjye nta bushobozi mbona bwo kwivuza ku giti cyanjye”.

Si uyu mukecuru  wenyine ufite ubumuga uvuga  ko yifuza gufashwa  kuko  Butorano Theodette, nawe utuye muri uyu  mudugudu wa Gahinga, akagari ka Karambo avuga ko yifuza gufashwa kubona uko yazajya yivuza kuko ubu kubera ubumuga bw’ingingo afite ndetse rimwe na rimwe n’ubwo mu mutwe bukaziraho atabasha kwigeza kwa mu ganga.

Aragira ati: “Jyewe uko umbona mba hano mfite ubumuga bwo mu mutwe ndetse n’ubw’ingingo ariko, nkeneye gufashwa kubona uko ngera kwa muganga kuko, ntago nakwigezayo ku uburyo ubuyobozi bukwiye ku mfasha pe”.

Ashingiye ku bivugwa n’aba batuye umurenge wa Gatumba, Munyembabazi Theodomir ukuriye  abafite ubumuga muri uyu  murenge avuga  ko  muri  uyu murenge hari abafite ubumuga benshi Babura  uko bajya kwivuza kubera kubura amikoro.

Ati: “Nibyo koko hano mu murenge wa Gatumba hari bamwe mu bafite ubumuga hano iwacu dufite abafite ubumuga batishoboye batabona uko bivuza”.

Ku ruhande rwa  Ndayambaje  Godefroid umuyobozi w’akarere ka Ngororero,  avuga  ko umuturage wese agomba kujya yegera ubuyobozi akagaragaza ikibazo afite, kuko nta muturage wabuze ubufasha igihe yakigaragaje, na cyane ko  guhera ku murenge hari amafaranga yashyizweho yo gufasha abafite ibi  bazo batishoboye,yaba abafite ubumuga n’abatabufite.

Ubuyobozi  bw’akaere  buvuga  ko  buri  mwaka  mu ngengo  y’imari  y’aka  karere hashyirwamo amafaranga yo gufasha bafite ubumuga,muri uyu mwaka ushize  ngo  bari  bashyizemo  arenga miliyoni 10 , aya  ngo  ni  ay’akarere gusa ariko ngo  bafite  n’abandi  bafatanyabikorwa  babafasha  kubona insimburangingo  n’inyunganirangingo.

Akimana Desange

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *