Bamwe mu rubyiruko rwo mu murenge wa Rubaya akarere ka Gicumbi bazitabira bwambere amatora yabadepite numukuru wigihugu, bavuga ko nyuma yo gusobanurirwa imigendekere yamatora mu gihe cyo kujya gutora bazatora abashoboye kumva ibibazo byabo bakanabikemura. Nyuma y’ikiganiro cyateguwe numuryango wabanyamakuru baharanira amahoro mu Rwanda, Pax Press mu ndimi zamahanga, kigamije gusobanurira abaturage imigendekere yamatora inshingano nuruhare rwumuturage mu matora, ikiganiro […]
Gicumbi-Rubaya: Urubyiruko ruzatora bwambere abadepite n’umukuru w’igihugu, ruvuga ko rwiyemeje kuzatora abashoboye kumva ibibazo byarwo no kubikemura
Nyaruguru: Umuryango wararanaga n’amatungo wafashijwe gusohoka muri iki kibazo
Umuryango wa Nkurunziza damascene na mukeshimana Therese ubarizwa mu murenge wa Nyabimata mu karere ka Nyaruguru. Mu cyumweru cyahariwe umujyanama n’umufatanyabikorwa , nyuma yo gusurwa n’abajyanama hamwe n’abafatanya bikorwa b’akarere ka Nyaruguru, uyu muryango uravuga ko nyuma yo gufashwa kuvugurura inzu babagamo yari imeze nka nyakatsi kuri ubu watandukanye ni ikibazo cyo kurarana n’amatungo wasangaga kibatera indwara zituruka ku mwanda. […]
Ngororero: Amatsinda y’aborozi b’ingurube mu gukemura ikizazo cy’ibura ry’ibiryo by’ingurube
Mu Karere ka Ngororero , aborojwe ingurube n’umushinga uteza imbere ubworozi bw’amatungo magufi PRISM ukorera mu kiko cy’igihugu cy’iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi RAB bavugako kuba bakorera mu matsinda bibafasha kwita ku buzima bw’amatungo bahawe cyane cyane mu gukemura ikibazo cy’ibiryo by’ingurube biboneka hake muri ako gace. Muri iyi minsi hagiye hagaragara ibibazo bijyanye n’ubuke bw’ibiryo by’amatungo. Kuri ibyo kandi hakiyongeraho izamuka […]
RBC mu kurwanya indwara zititaweho ku bufatanye n’abafatanyabikorwa abahinzi bo mu bishanga bagenerwa ubufasha bubarinda inzoka ya “bilharziose”
I kigo cy’igihugu cy’ubuzima RBC, ku bubufatanye ni ihuriro ry’imiryango iteamiye kuri leta (RWANDA NGOs FORUM), baratangaza ko ku ubufatanye n’abafatanya bikorwa b’iki kigo, hari ubufasha bugenerwa abahinzi bakorera ubuhinzi mu bishanga burimo no kubaha ibinini bibavura inzoka ya “bilharziose“, na cyane ko ngo aba bahinzi baba bafite ibyago byinshi byo kwandura iyi ndwara y’nzoka ya “bilharziose” cyane cyane igihe […]
IBIHINGWA NDUMBURABUTAKA BIVANGWA N’INANASI
Uburumbuke bw’uutaka mu buhinzi bw’umwimerere bushobora gusigasirwa hifashishijwe ibindi bihingwa. By’umwihariko ku bahinzi b’inanasi z’umwimerere twabateguriye ikiganiro kigaruka kuri bimwe mu bihingwa bivangwa nazo, uko mwabihinga n’akamaro kazo
KURWANYA INDWARA N’IBYONNYI MU BUHINZI BW’UMWIMERERE BW’INKERI
Kimwe n’ibindi bihinwa, inkeri ni igihingwa kigira iyonnyi n’indwara zitandukanye. Haba indwara ziterwa na virusi, iziterwa na bagiteri n’iziterwa n’uduhumyo. Iyo inzi ndwara zitandukanye zibasiye iki gihingwa bigabanya umusaruro wacyo. Niyo mpamvu buri muhinzi aba ahangayikishijwe no guhangana n’indwara n’ibyonnyi. Hari uburyo bwinshi bukoreshwa rero. Muri iki kiganiro, turagaruka kuri ubwo buryo butandukanye.
IBIHINGWA BIVANGWA N’INKERI MU GUKUMIRA INDWARA N’IBYONNYI MU BUHINZI BW’UMWIMERERE BW’INKERI
Abahinzi bakora ubuhinzi bw’umwimerere bw’inkeri, bavuga ko imwe mu mmbogamizi bakunze guhura nazo ari indwara n’ibyonnyi byibasira iki gihingwa. Iki kiganiro, kirabafasha kurushaho gusobanukirwa uburyo bahangana nabyo bifashishije ibindi bihingwa bivangwa n’inkeri.
Ikoreshwa ry’amafumbire mu buhinzi bw’umwimmerere bw’inanasi
Mu buhinzi bw’umwimerere bw’inanasi, umuhinzi akenera gukoresha amafumbire kugira ngo arumbure ubutaka. Muri iki kiganiro muraza kumva uko ifumbire y’amazi, ifumbire y’imborera n’ifumbire y’ibirundo zikoreshwa mu buhinzi bw’umwimerere bw’inanasi.
Imibonekere y’ifumbire mu buhinzi bw’umwimerere
Iki kiganiro kiribanda ku ifumbire mu buhinzi bw’umwimerere. Muraza kumva uko ifumbire gihingwa iboneka ndetse n’uburyo ubuhinzi bw’umwimerere ari ubuhinzi ndumburabutaka.
Muhanga: Mu misozi ya ndiza barifuza kwegerezwa amashuli yabafite ubumuga
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Muhanga barasaba inzego z’ubuyobozi bw’aka karere kubafasha kwegerezwa amashuli y’abafite ubumuga, kuko babona aya mashuli akenewe mu mirenge yabo N’ubwo ubuyobozi bw’Akarere bwo buvuga ko bukirimo gukora ubuvugizi kugirango haboneke abafastanyabikorwa bo gufasha gushyiraho ayo mashuri. Aba, ni Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Muhanga, barimo MASENGESHO Vicent na MUKANDORI Forodinata bakaba […]